About us
AJEMEL UR HUYE
Our Vision
Our Mission
generations
AJEMEL UR HUYE GENERATIONS
Ministries
AJEMEL UR HUYE Ministries
WEEKLY ACTIVITIES
| Days | Time | Activities | |
|---|---|---|---|
mon
|
Evangelical Team or Technical commission | ||
wed
|
Bible study | ||
thu
|
Morning devotion | ||
thu
|
Abahetsi team | ||
fri
|
Fellowship | ||
sat
|
Shalom Worship Team and La bonne Nouvelle Repetition | ||
sun
|
Fellowship |
Our story
EGLISE METHODISTE LIBRE AU RWANDA (EMLR)
ASSOCIATION DE LA JEUNESSE ESTUDIANTINE METHODISTE LIBRE (AJEMEL)
TUMENYE AJEMEL
Amakuru akubiye muri iyi nyandiko yateguwe kandi atangwa na MUNYANZIZA Jonathan, yandikwa na Felicien NIYOMUGABO, yemezwa kandi anozwa n'ubuyobozi bwa AJEMEL UR Huye buhagarariwe na MUCYO Dieudonne(President). Huye, 2025.
I. IRIBURIRO
Urubyiruko ni rwo Torero ry’uyu munsi ariko n’ejo hazaza. Iyo itorero ritita ku rubyiruko ngo rirutoze uburere bwiza n’umuco mwiza ntaho riba riva, nta n’aho riba rigana...
Ni muri urwo rwego, Itorero Methodiste Libre mu Rwanda, naryo ryashinze Umuryango uhuza abanyeshuri b’Abametodisiti biga mu mashuri yisumbuye, amakuru na za kaminuza rigamije guhuza ingufu n’ibitekerezo by’abanyeshuri kugira ngo Itorero rirusheho gutera imbere mu buryo bwihuse. Uyu muryango witwa “AJEMEL”.
NONESE “AJEMEL” NI IKI?
AJEMEL ni amagambo ahinnye y’igifaransa avuga ngo “Association de la Jeunesse Estudiantine Methodiste Libre.” Bisobanuye Umuryango uhuza abanyeshuri b’amatodisite biga mu mashuri yisumbuye, amakuru na kaminuza...
II. IMPAMVU ZATUMYE UMURYANGO UVUKA
- Urubyiruko rwigaga rwirengagizaga ko ari urugingo rw’itorero...
- Urubyiruko rwinshi ntirwigaga bitewe n’ubujiji n’amikoro make y’ababyeyi...
- Kutiyongera kw’umusaruro kubera ubutatane bw’ingufu n’ibitekerezo by’abanyeshuri...
- Kutagira aho abanyeshuri babarizwa hazwi...
- Kutabona aho kunyuza ibitekerezo n’ibyifuzo ku banyeshuri...
III. INTEGO Z’ AJEMEL (Devise)
- Kwizera: Umunyamuryango ahora asaba kandi asenga Imana ngo imuhe kugira kwizera no kwezwa rwose...
- Urukundo: Umunyamuryango arangwa n’urukundo aho ari hose no mu mirimo ye yose...
- Umurimo: Umunyamuryango yitangira umurimo akitangira itorero ry’Imana...
IV. INSHINGANO Z’ AJEMEL (Objectives)
- Kwigisha urubyiruko rw’abanyeshuri ubutumwa bwiza...
- Kwinjiza urubyiruko rw’itorero Methodiste Libre mu mibereho n’imicungire y’itorero...
- Guhamagarira abanyeshuri gutera inkunga itorero...
- Guhugurira urubyiruko kubaho ubuzima bwa Gikirisitu...
V. IBY’ INGENZI AJEMEL IGAMIJE GUKORA
- Kwigisha urubyiruko ubutumwa bwiza.
- Kuba umuhuza w’urubyiruko rwiga n’ubuyobozi bw’itorero.
- Kumenya abanyeshuri b’abametodisite aho bari hose...
- Gutegura amateraniro y’impemburo...
- Gukora ubuvugizi ku banyeshuri batishoboye...
- Kugirana ubumwe n’indi miryango y’urubyiruko...
- Kwitabira imirimo y’itorero igamije kuriteza imbere...
- Kumenyekanisha Umuryango.
VI. INZEGO Z’ AJEMEL
Inzego zitandukanye zirimo: Inama nkuru y’igihugu, komite ku rwego rw’igihugu, conference, paruwasi, n’ibigo by’amashuri...
AHO UMUTUNGO W’ AJEMEL UTURUKA
- Mu misanzu y’abanyamuryango.
- Impano cyangwa inkunga umuryango uhabwa.
- Umutungo bwite w’Umuryango.
VII. IBIRANGA UMUNYAMURYANGO W’ AJEMEL
Umunyamuryango arangwa no kugira gahunda, kwitanga, kwirinda ikibi, kuba inyangamugayo, gukoresha impano mu murimo w’Imana, gusenga no kuba urugero mu bandi...
VIII. AMASHURI ABARIZWAMO AJEMEL
- Kaminuza y’u Rwanda – Huye (AJEMEL UR-Huye)
- Kaminuza y’u Rwanda – Musanze (AJEMEL UR-Busogo)
- Kaminuza y’u Rwanda – Nyarugenge (AJEMEL UR-Nyarugenge)
- Kaminuza y’u Rwanda – Nyagatare (AJEMEL UR-Nyagatare)
- Kaminuza y’u Rwanda – Gikondo (AJEMEL UR-Gikondo)
- Kaminuza y’u Rwanda – Kayonza (AJEMEL UR-Rukara)
- Kibogora Polytechnique (AJEMEL KP)
AJEMEL UR-Huye
AJEMEL yatangiye gukorera muri UNR mu 1993, iza guhagarara mu 1994, yongeye gusubukura mu 2000. Korali La Bonne Nouvelle yavukiye muri uwo mwaka, naho Shalom Worship Team yatangiye mu 2016. AJEMEL UR-Huye ikorana na Paruwasi ya Rwanda ibifashijwemo n’umupasiteri wa Konferansi ya Butare.
IX. UMUSOZO
Muri make, aya niyo mavu n’ amavuko ya AJEMEL. Ibitekerezo bikubiye muri iyi nyandiko
ntabwo ari ihame ndakuka, niyo mpamvu dusaba abantu bose bazasoma iyi nyandiko
kutugezaho ibitekerezo byabo, kandi aho muzabona ibitekerezo bigoramye mukadufasha
kubigorora. Ibyo bizadufasha gukomeza gutegura noneho inyandiko yuzuye isobanura neza
AJEMEL k uburyo buri wese anogerwa.
Banyeshuri, uyu muryango ni uwacu, nimuze tuwushyigikire tuwusobanukirwe hanyuma
tuwugeze ku batawuzi, mwe gupfukirana impano Imana yabahereye ubuntu ngo muzibuze
kwaka. Urubuga ni urwanyu, ni twe mizero y’ itorero ry’ ejo, ni twe ubwacu bireba kugena
uko itorero ryacu rizamera ejo, nituzamura itorero naryo rizatuzamura.
Bayobozi b’ itorero mu nzego zose, namwe uyu muryango ni uwanyu, nimwegere abana
banyu mubumve, mubamurikire, mubatoze inzira nziza bazarinda basaza bataryivamo kuko
amagambo atagira mukuru arumba ari indaro. Itorero ry’ ejo ryubakiye ku burere n’ umuco
dutoza urubyiruko rwacu.
Nimuze twese duhagurukire rimwe nta n’ umwe usigaye inyuma, maze dushyigikirane,
dushyire hamwe, duterane ingabo mu bitugu, twubake itorero ry’ Imana turigeze ku rugero
Kristo arishakaho.
Turashimira, MUNYANZIZA Jonathan, wagize igitekerezo cyo gushinga AJEMEL, aho
ibireyeho agakomeza kujya inama, gusobanura intumbero Imana yamushyize ku mutima,
akaba kandi agikomeje kudusobanurira amateka y’ AJEMEL.
